Tuesday, March 5, 2013

Nick Breezy yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye Wowe-VIDEO

Umuraperi Nick Breezy afatanije na O’Clock bamaze gushyira ahagaragara amashusho y’indirimbo Wowe yatunganyijwe na Producer Arnord Mugisha.
Mu mashusho y’iyi ndirimbo hakaba hagaragaramo umuraperi muto Babou ndetse n’umushyushyarugamba Mc P n’uwigeze kuba umukunzi we mu minsi ishize umudagekazi Nina Meir kuri ubu ufite akazi mu ikipe y’umupira w’amaguru ya Musanze FC nk’umuganga w’abakinnyi.
Nick Breezy akaba yadutangarije ko kubera uburyo yarasanzwe abona Mc P n’umukunzi we babanye mu buzima bw’urukundo yabasabye ko bamufasha gukina mu mashusho y’iyi ndirimbo.Hari mu mpera z’umwaka ushize mu gihe bari bakibanye nk’abakunzi ndetse nabo barabimwemerera gusa iyi  video ikaba yagiye hanze isanga aba bombi baramaze gutandukana.
Mu kiganiro na Nick Brezzy yadutangarije ko uyu mwaka yifuza kongera ingufu mu gukora indirimbo ze z’amashusho kuburyo ateganya kumurika album igizwe n’indirimbo z’amashusho mu mpera z’uyu mwaka.

No comments:

Post a Comment